skol
fortebet

Shaddyboo yavuze ku rugendo rwe rwo kwakira agakiza no gutangira ubuzima bushya

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Friday 03, Jul 2026

Shaddyboo yavuze ku rugendo rwe rwo kwakira agakiza no gutangira ubuzima bushya

Sponsored Ad

skol

Umunyamideli Mbabazi Shadia, uzwi cyane nka Shaddyboo, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gutangira ubuzima bushya nyuma yo kwakira agakiza, avuga ko Imana yamukuye mu buzima bwari bwuzuyemo urujijo, ububabare n’ingeso zitari zimwubakiye.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2026, Shaddyboo yavuze ko ashaka gusangiza abantu urugendo rwe kugira ngo rubere abandi urugero rw’uko impinduka zishoboka.

Yavuze ko abantu benshi bakimwibukira ku buzima yahoze abamo n’uburyo yigaragazaga ku mbuga nkoranyambaga, ariko ashimangira ko uwo muntu atakiri we, kuko ubu afite icyerekezo gishya cyubakiye ku kwizera Imana.

Yasobanuye ko ashobora kongera gusangiza abantu amwe mu mafoto cyangwa amashusho ye ya kera, ariko atagamije kuyasubiramo cyangwa kuyamamaza. Ahubwo yavuze ko ashaka kwerekana ko umuntu ashobora guhinduka, kabone n’iyo yaba yaranyuze mu bihe bikomeye.

Shaddyboo yavuze ko yabayeho igihe kinini yumva yazimiye, ashakira amahoro mu bintu bitashoboraga kuyamuha. Yagaragaje ko yari afite ibikomere n’urujijo, ariko ko kwakira Imana ari byo byamufashije kongera kubona icyizere n’intego y’ubuzima.

Yashimangiye ko impinduka yabonye atari izatewe n’imbaraga ze bwite, ahubwo ko azikesha ubuntu bw’Imana bwamuhinduriye ubuzima. Yavuze ko niba yarashoboye guhinduka, n’abandi bafite amahirwe yo gutangira ubuzima bushya.

Mu butumwa bwe yanagarutse ku ngaruka z’inzoga n’ibiyobyabwenge, avuga ko na we yigeze kubinyuramo ariko ko bitigeze bimukiza ibikomere yari afite. Ahubwo yavuze ko byamurutishaga kure y’uwo yagombaga kuba we.

Yasabye abantu bose bakoresha ibyo biyobyabwenge cyangwa inzoga nk’uburyo bwo guhunga ibibazo byabo kubireka, bagahitamo gushaka inzira zibafasha gukira no kongera kubaho bafite icyizere.

Shaddyboo yanageneye ubutumwa ababyeyi, abasaba gukunda abana babo, kubayobora no kubaha uburere bwiza, agaragaza ko amahitamo y’abakuru agira uruhare rukomeye ku hazaza h’abana.

Yongeyeho ko akunda u Rwanda kandi yishimira iterambere rumaze kugeraho, ariko agaragaza ko kubaka igihugu bidakwiye gushingira ku bikorwa remezo gusa, ahubwo ko bikwiye no kujyana no kubaka abantu bafite imitima ikomeye, yuzuye indangagaciro n’ubumuntu.

Mu gusoza ubutumwa bwe, yavuze ko atari ugucira abandi urubanza cyangwa kubigisha, ahubwo ko ari ugusangiza abantu ubuhamya bw’ibyamubayeho kugira ngo ababikeneye babone ibyiringiro. Yasabye abantu kurinda imitima yabo, kwita ku buzima bwabo bwo mu mutima no gukomeza kwiringira Imana, agaragaza ko buri wese ashobora gutangira ubuzima bushya igihe afashe icyemezo cyo guhinduka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa