Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umuhanzi Burna Boy wujuje imyaka 35, nyina akaba n’umujyanama we mu bikorwa by’umuziki, Bose Ogulu, yamugaragarije icyifuzo cyo kubona atera indi ntambwe mu buzima bwe, arushinga ndetse akagira abana.
Ibyo birori byabaye ku wa 2 Nyakanga, bihuriza hamwe abo mu muryango wa Burna Boy n’inshuti ze za hafi. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga n’umwe mu bari bitabiriye ibirori, Richie 7, Bose Ogulu yumvikanye yifuriza umuhungu we kuzabona umugore mwiza bakubakana ndetse bakabyarana.
Ubwo Burna Boy yasabwaga kuvuga icyo yifuza muri uwo munsi wihariye, yavuze ko icy’ingenzi kuri we ari gukomeza kugira ubuzima buzira umuze no gukomeza gutera imbere mu bikorwa bye.
Nyina we yahise amwibutsa ko usibye iterambere n’ubuzima bwiza, no kubaka umuryango ari indi ntego ikwiye kwitabwaho, amusaba gutekereza ku gushaka umugore no kubyara.
Mu bihe byashize, Burna Boy yari yaratangaje ko atarashaka umugore kandi ko nta mwana afite. Yavuze ko impamvu nyamukuru ari uko ibikorwa byinshi by’umuziki bimufata umwanya munini, ndetse akaba yumvaga ataragera igihe cyo kwikorera inshingano z’umuryango.
Aya magambo ya Bose Ogulu yakomeje kugibwaho impaka ku mbuga nkoranyambaga. Hari abayabonye nk’inama zisanzwe z’umubyeyi wifuriza umwana we ibyiza, mu gihe abandi bagaragaje ko icyemezo cyo gushaka no kubyara gikwiye gufatwa n’umuntu ku giti cye igihe abyiteguye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *