skol
fortebet

Dore akayabo Sénégal, RDC, Afurika y’Epfo na Côte d’Ivoire zatahanye nyuma yo gusezererwa

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Thursday 02, Jul 2026

Dore akayabo Sénégal, RDC, Afurika y'Epfo na Côte d'Ivoire zatahanye nyuma yo gusezererwa

Sponsored Ad

skol

Nubwo Sénégal, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Afurika y’Epfo na Côte d’Ivoire zitabashije gukomeza muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, zizasubira mu bihugu byazo zifite amafaranga menshi yatanzwe na FIFA azifasha guteza imbere umupira w’amaguru.

Aya makipe yose yasezerewe ageze muri kimwe cya cumi na gatandatu, icyiciro gituma buri gihugu gihabwa igihembo kiri hagati ya miliyari 1.42 Frw na miliyari 1.74 Frw. Aya mafaranga atangwa na FIFA mu rwego rwo guhemba ibihugu byitabiriye irushanwa kandi bikagera kuri uru rwego.

Afurika y’Epfo yasezerewe mu buryo bubabaje nyuma yo gutsindwa na Canada igitego 1-0. Mu gihe byasaga n’aho umukino ugiye kurangira amakipe yombi anganya ubusa ku busa, Stephen Eustáquio yatsinze igitego rukumbi ku munota wa 91, ahesha Canada itike ya 1/8.

RDC na yo ntiyahiriwe n’urugendo rwayo nubwo yari yatangiye neza umukino wayihuje n’u Bwongereza. Brian Cipenga yafunguye amazamu ku munota wa karindwi, ariko Harry Kane yishyura ku munota wa 75 mbere yo gutsinda igitego cya kabiri ku wa 86, bituma u Bwongereza butsinda ibitego 2-1 bukomeza mu irushanwa.

Sénégal yo yari yabanje kwigaragaza neza imbere y’u Bubiligi, iyobora umukino ibitego 2-0 byatsinzwe na Habib Diarra na Ismaïla Sarr. Icyakora, Romelu Lukaku yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 86, Youri Tielemans yishyura ku wa 89, bituma amakipe yombi ajya mu minota y’inyongera. Muri iyo minota, Tielemans yatsinze penaliti ku munota wa 120, u Bubiligi busezerera Sénégal butsinda ibitego 3-2.

Ku ruhande rwa Côte d’Ivoire, yasezerewe na Norvège nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1. Antonio Nusa ni we wafunguye amazamu ku ruhande rwa Norvège, Amad Diallo aza kwishyura ku munota wa 74. Icyakora, Erling Haaland yatsinze igitego cy’intsinzi ku munota wa 86, ahesha Norvège intsinzi n’itike yo gukomeza.

FIFA yageneye buri gihugu cyageze muri kimwe cya cumi na gatandatu igihembo cya miliyari 1.42 Frw. Byiyongeraho inkunga ya miliyoni 323 Frw buri gihugu cyabonye nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi, yari igamije kugifasha mu myiteguro y’irushanwa.

Iyo ayo mafaranga yose ateranyijwe, buri gihugu muri ibi bine kizatahana hafi miliyari 1.74 Frw.

Biteganyijwe ko ayo mafaranga azafasha amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Sénégal, RDC, Afurika y’Epfo na Côte d’Ivoire gushora imari mu kuzamura impano z’abakinnyi, gutegura neza amakipe y’ibihugu no kwitegura amarushanwa ari imbere, arimo n’Igikombe cya Afurika cya 2027 (AFCON 2027).

Nubwo aya makipe yasezerewe, Afurika iracyafite andi makipe akomeje guhatana muri iri rushanwa. Maroc yamaze kwisanga muri 1/8 nyuma yo gusezerera u Buholandi, mu gihe Algérie, Ghana na Misiri na byo bigikomeje guhatanira kugera muri icyo cyiciro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa