skol
fortebet

REMA igiye gukoresha drones mu gufata abatwika imyanda mu buryo butemewe

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 02, Jul 2026

REMA igiye gukoresha drones mu gufata abatwika imyanda mu buryo butemewe

Sponsored Ad

skol

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) cyatangaje ko mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2026 kizaba cyatangiye gukoresha indege zitagira abapilote, zizwi nka drones, mu gukaza ubugenzuzi bw’abatwika imyanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, by’umwihariko ababikora nijoro.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, ubwo yagezaga ibisobanuro imbere ya Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano, ku wa 30 Kamena 2026. Yavuze ko iri koranabuhanga rizafasha gukurikirana no gutahura ibikorwa byo gutwika imyanda byakundaga kugorana kubimenya, cyane cyane bikorwa mu masaha y’ijoro.

Kabera yasobanuye ko drones zizagira uruhare rukomeye mu gutahura n’imyanda iteje ibyago ku buzima n’ibidukikije, harimo n’ituruka mu bigo nderabuzima, ikunze gutwikwa mu buryo butemewe. Yavuze ko uburyo busanzwe bw’ubugenzuzi butabasha buri gihe gutahura ibyo bikorwa, bityo ikoranabuhanga rikazabafasha kubikurikirana neza.

Yagaragaje kandi ko REMA ifite umubare muto w’abagenzuzi b’ibidukikije, aho bafite 13 gusa, bityo gukoresha drones bikazafasha kuziba icyo cyuho no kongera ubushobozi bwo kugenzura ibikorwa bihumanya ibidukikije mu gihugu hose.

REMA ivuga ko izakomeza gushora imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga rigezweho no gukorana n’izindi nzego zitanga serivisi, mu rwego rwo kunoza ibikorwa byo kurengera ibidukikije no guhangana n’ibibazo by’ihumana.

Gukoresha drones biri mu ngamba zashyizweho zo gukaza ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko arengera ibidukikije no kugabanya ihumana ry’ikirere. Muri iyo gahunda kandi, REMA iri gutegura kwagura igenzura ry’imyuka ihumanya ikirere, rikazajya rikorerwa no ku nganda n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi, aho kutagarukira ku binyabiziga gusa.

Mu Rwanda, ikoreshwa rya drones rikomeje kwiyongera mu nzego zitandukanye. Zisanzwe zifasha mu gukurikirana ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo butemewe, zikanifashishwa na Polisi mu gucunga umutekano wo mu muhanda. Mu rwego rw’ubuzima, zifasha gutwara amaraso, imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi ku bigo nderabuzima, mu gihe no mu buhinzi zikomeje kugira uruhare mu kongera umusaruro no koroshya ibikorwa by’abahinzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa